
Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) rwongeye gufunga gitifu w'umurenge wa Kansi, mu karere ka Gisagara GASANA Isai, ukekwaho guhishira uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge.
Gitifu w'umurenge wa Kansi Gasana yari yafunzwe bwa mbere ku wa 6 Kanama 2026 yongera gufungurwa ku wa 11 Kanama nkuko ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara bwari bwabitangarije umunyamakuru dukesha iyi nkuru.
Mu bayobozi batandukanye RIB yerekanye uyu munsi bakekwaho kugira uruhare mu ikorwa ry’inzoga zitujuje ubuziranenge, Gasana Isai nawe yagaragayemo ndetse yaje yambaye amapingu, ibishimangira ko yongeye gutabwa muri yombi.
Mu Rwanda gahunda yo Kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge iracyakomeje ari nako abantu batandukanye babigizemo uruhare babibazwa
Ibitecyerezo (0)
Andika igitecyerezo cyawe hano hasi: